07/11/2021
AMAKURU MASHYAThe Blue Winners biyemeje kugira uruhare mu kwishyura Arthur wareze Rayon Sports muri FIFA
Toggle navigation
IMIKINO
The Blue Winners biyemeje kugira uruhare mu kwishyura Arthur wareze Rayon Sports muri FIFA
6/11/2021 - 15:51 Editor
The Blue Winners biyemeje kugira uruhare mu kwishyura Arthur wareze Rayon Sports muri FIFA
Abagize Fan Club ya The Blue Winners biyemeje gufasha komite ya Rayon Sports mu gukemura ikibazo cya Arthur wareze Rayon Sports muri FIFA, bigatuma ishyirirwaho ibihano byo kutagura abakinnyi muri Mutarama 2021 mu gihe yaba atarishyurwa Miliyoni 12 FRW.
Ibi ni bimwe mu byavuye mu nama Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele yagiranye na bamwe mu bagize iyi fan club yiganjemo abahoze mu buyobozi bwa Rayon Sports.
Iyi nama yabereye kuri Mattina Motel mu Mujyi wa Kigali kuri uyu wa Gatanu tariki 5 Ukwakira 2021 guhera i saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.
Perezida wa Rayon Sports yari aherekejwe na Kayisire Jacques , Visi Perezida wa mbere wa Rayon Sports.
The Blue Winners niyo fan club ya Kane perezida wa Rayon Sports asuye akaganira n’abanyamuryango bayo nyuma ya Les Bleus du sud y’i Huye, Rocket fan club n’Ibirunga Fan Club yo mu Karere Musanze aheruka gufungura ku mugaragaro mu cyumweru gishize.
Murengezi Jean de Dieu uyobora The Blue Winners yashimiye cyane Perezida wa Rayon Sports witabiriye ubutumire bwabo , akemera kuza kubaganiriza ku murongo wa Rayon Sports , nabo bakamuha ibitekerezo.
Abandi bari muri iyi nama bafashe ijambo barimo Twagirayezu Thadee wabaye Visi Perezida wa Rayon Sports, Muhirwa Freddy na we wabaye Visi Perezida wa Rayon Sports. Bose bahurije ku kuba uku guhura na Perezida kwari gukenewe cyane kuko ikipe ubu iri guhatanira igikombe cya shampiyona bityo bikaba bisaba imbaraga za buri umwe, ibitekerezo ndetse n’ubushobozi.
Mu izina rya bagenzi babo bahise biyemeza kugira intambwe batera mu gukemura bimwe mu bibazo by’ingutu bihari.
Bakurikije ibyo Perezida wa Rayon Sports yabasobanuriye, biyemeje ko ba