13/08/2025
VIDEO - Ku rukiko rwa Gisirikare ruri i Nyamirambo, abantu benshi baje gukurikira urubanza ruregwamo abantu 28 barimo abasivile 23, abasirikare batatu, nβabo mu rwego rushinzwe igorora (RCS) babiri barimo CSP Hillary Sengabo uzwi kuba yari Umuvugizi w'urwo rwego.
Bacyekwako (nk'uko RDF yabitangaje mu minsi ishize) ubufatanyacyaha mu kwakira no gutanga inyandiko utemerewe no gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe, byose bijyanye nβuburyo haguzwe amatike yβindege kuri konti ya Minisiteri yβIngabo mu buryo bunyuranyije nβamategeko, bityo ko nkβuko biteganywa nβitegeko, abasivile iyo bakoranye icyaha nβabasirikare bakurikiranwa nβubutabera bakaburanishwa nβInkiko za Gisirikare.
Ibyaha bakurikiranyweho bifitanye isano nβikipe ya APR FC, aho ngo ibi byose byakozwe ubwo yajyaga gukina i Cairo mu Misiri na Pyramids FC, umukino wo kwishyura wβijonjora rya kabiri rya CAF Champions League 2024-2025 , muri Nzeri 2024.
Mu bakurikiranywe harimo abanyamakuru bβimikino bari mu bajyanye na APR FC mu Misiri icyo gihe, uwari umuvugizi wβabafana ba APR FC abakozi ba RwandAir, n'abandi.
Nyuma yo gusomerwa imyirondoro yabo, babajijwe niba biteguye kuburana, uwunganira Captain Umutoni Penina avuga ko atiteguye kuburana kuko dosiye yayibonye mu ijoro ryakeye, akaba ndetse arwaye ahubwo uyu munsi yari afite gahunda yo kujya kwa muganga.
Bamwe mu bunganira abaregwa basabye ko abiteguye baburana, ariko abandi bagaragaza ko bamwe bataburana abandi ngo basigare, kuko dosiye zabo zifite aho zihurira.
Urukiko ruhaye ishingiro imbogamizi zagaragajwe na Captain Penina Mutoni n'umwunganizi we, rumwemerera ko ajya kwivuza ubu, akazaburana ku wa Mbere tariki 18/08/2025 mu gihe abandi bagiye gutangira kuburana.